Menya niba umukobwa mukundana akuryarya: Ibimenyetso 10 bikomeye abasore bakwiye kumenya

Mu rukundo, si buri gihe bihita byoroha kumenya niba uri gukundwa by’ukuri cyangwa uri gukoreshwa. Hari abakobwa bagaragara nk’abakunzi beza, nyamara imbere muribo harimo ibanga rikomeye: bagufitemo inyungu gusa.

Niba wibaza byinshi ku mukobwa mukundana, dore ibimenyetso bikomeye bizagufasha kumenya niba umukobwa ari inyangamugayo cyangwa niba ari kukuryarya.

1. Ahindura imyitwarire bitewe n’abo bari kumwe

Umukobwa ugukunda by’ukuri aguma ari umwe, haba muri mwenyine cyangwa imbere y’abandi. Ariko umukobwa urimo kukuryarya, iyo ari kumwe n’inshuti ze cyangwa abandi bagabo, ubona ahinduka: ahora atagushaka hafi, agutinya, cyangwa akwitaza.

2. Nta gihe ahora agufitiye

Urukundo rugaragarira mu gihe umuntu aguha. Niba umukobwa ahora ari “busy” kandi atagerageza no kugushakira akanya, cyangwa ahora avuga ibintu bidafite gahunda, bishobora kuba ari ikimenyetso ko ataguha agaciro.

3. Akubona nk’umugabo w’inyungu gusa

Ese akugeraho gusa iyo akeneye amafaranga, gusohokana, cyangwa ubundi bufasha? Iyo ibyo agushakaho birangiye, agahita abura, ni uko ashobora kuba atari urukundo ahubwo ari inyungu.

4. Akubwira ibyo ushaka kumva, atari ibimuvuye ku mutima

Umukobwa w’inyangamugayo avuga ibintu bivuye ku mutima, ndetse rimwe na rimwe akakubwiza ukuri niyo kwaba kuryana. Ariko umukobwa urimo kukuryarya ahora avuga amagambo meza gusa kugira ngo utaza kumucyeka, nyamara nta bikorwa bimuherekeza.

5. Ntakwemerera kumenya ubuzima bwe bw’ukuri

Ese hari byinshi bigihishe kuri we? Ntashaka ko umenya aho aba, inshuti ze, cyangwa uko abayeho? Iyo umukobwa aguhisha ubuzima bwe, birashoboka ko hari byinshi yikeka byakugaragaraho bikakubabaza.

6. Yanga kugaragaza urukundo mu ruhame

Umukobwa ugukunda ntatinya ko abandi babimenya. Niba we ahora yirinda ko abantu babamenya nk’abakundana, bitera kwibaza niba hari abandi agendana nabo cyangwa niba ari kukwikanga.

7. Ntavuga ibijyanye n’ahazaza hanyu mwembi

Iyo umukobwa akubwira ibyerekeye ejo hazaza ariko nta kintu na kimwe kivugwa kirimo wowe, ushobora kuba utari muri gahunda ze z’igihe kirekire. Urugero: “nzajya kwiga hanze”, “nzubaka business”, “nzagura inzu”, ariko ntavuga “tuzabikorera hamwe.”

8. Ibintu byose abifatira imyanzuro wenyine

Urukundo rusaba gutega amatwi no gufata imyanzuro mufatanyije. Ariko umukobwa utakwitayeho, afata ibyemezo bikomeye (nko kwimuka, guhindura number, kujya ahandi…) atakugishije inama.

9. Hari ibyo avuga bidahuye n’ibikorwa bye

Ari kukubwira ko agukunda, ariko ntakwereke impamvu n’imyitwarire ibihamya? Ese avuga ko nta wundi agendana nawe, ariko ukabona hari ibigushidikanyisha ku myitwarire ye? Reba ibikorwa, apana amagambo.

10. Abantu bamwegereye ntibakwiyumvamo

Inshuti ze cyangwa umuryango we baba bazi byinshi kumurusha. Niba bagushyira ku ruhande cyangwa batakemera ko mukundana, ibyo bishobora kuba bishingiye ku byo bazi ariko wowe utaramenya.


Icyitonderwa:

Si ibimenyetso byose bisobanura ko umukobwa ari mubi cyangwa atagukunda. Hari ubwo aba afite ubwoba, trauma, cyangwa ataramenya neza icyo ashaka. Ariko igihe byinshi muri ibi bimenyetso bihurira hamwe, ni ngombwa kwibaza aho uhagaze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *